fbpx

Amahugurwa ku gukora ubucuruzi burambye

Mu rwego rwo gufasha abacuruzi na ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda kugira icyo bakora mu buryo bwihuse kugirango basigasire ubucuruzi bwabo igihe bagwiririwe n’ibihe bidasanzwe.

Ku bufatanye na


Amasomo y’ubucuruzi atangirwa ubuntu kuri murandasi

Ibyo Uziga 

AMI igufitiye amasomo atarambirana mu gihe cy’ukwezi kumwe asa neza neza n’atangwa ahandi wishyuye. Muri ayo masomo uhabonera ibikoresho bikururwa kuri murandasi bifasha abacuruzi kumenyera uburyo bushya bwo gucuruza. 

Twibanze ku igenamigambi ryihuse, imicungire y’amafaranga akoreshwa hamwe n’ingamba zifasha ubucuruzi n’ibicuruzwa kudahungabana. Uburyo bwacu buzagufasha gufata ibyemezo bigamije kuzahura ubucuruzi bwawe.

Ku bufatanye na Mastercard Foundation, AMI ihugura ibigo by’ubucuruzi byo mu Rwanda ku buntu. 

Kurura agatabo 

IGENAMIGAMBI

Vana imfashanyigisho ku rubuga rwacu ubundi uzikoreshe kugira ngo umenye ahantu hose hashobora guteza akaga ubucuruzi wenda gukora n’aho wakungukira.

IBYAHOMBYA UBUCURUZI

Kora igenzura ry’ubucuruzi bwawe umenye ibintu bikomeye bishobora gutuma uhomba n’icyo wakora.

KUNOZA IKORESHWA RY’AMAFARANGA MU BUCURUZI

Ifashishe igikoresho cyagufasha gutahura uburyo winjiza cyangwa usohora amafaranga mu bucuruzi, bityo ukamenya uko ukwiye gukoresha make n’aho wakwinjiriza mu gihe kizaza cyangwa ugashaka ubundi buryo.

Nafashe umwanya wo gutekereza no guteganya ibishobora kuba mu bucuruzi bwanjye kugirango bimfashe kongera umusaruro no kurushaho kwitegura ibishobora kubangamira imikorere y’ubucuruzi nifashishije igikoresho cyifashishwa mu gukora igenamigambi. Naje kubona ibikoresho byoroshye gukoreshwa mu kugenzura ibicuruzwa biri mu bubiko, imbonerahamwe ntangarugero wuzuzamo inyungu n’ibihombo mu bucuruzi nkaba nzakomeza kubyifashisha kugirango ngire ishusho y’uko umutungo w’ubucuruzi bwanjye uhagaze.

- Linda Grace Rugema, Nyir’iduka ryitwa “Little Smiles” rikorera mu Rwanda

NIBA USHAKA KUMENYA BYINSHI KURI AMI - RWANDA

Tuvugishe